Young Grace n’Umukunzi we Pique baritegura kwibaruka Imfura yabo

Umuraperi Abayizera Marie Grace [Young Grace] yemeje ko atwite, afite amashyushyu yo kubona imfura ye.

Young Grace yemeje iby’uko atwite mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wacu yanze kugira byinshi avuga gusa ngo “Nibyo, niko bimeze”.

Uyu muraperi w’imyaka 26 yanashyize kuri Instagram video yafashwe na échographie yerekana uko ubuzima bw’umwana we bumeze mu nda. Yayiherekeje amagambo ashimangira ko afite amashyushyu yo kubona umwana we.

Yagize ati “Ndi muri cya gihe kidasanzwe umugore wese yifuza mu buzima bwe. Ubu inda yanjye ni iy’agaciro nk’umutima wanjye.”

Young Grace yari asigaye abana n’umukunzi we Rwabuhihi Hubert [Piqué] mu Nyakabanda aho asigaye acumbitse.

Ku wa 19 Nzeri 2018, Young Grace yambitswe impeta y’urukundo n’umukunzi we Piqué ukina muri Heroes yo mu Cyiciro cya Kabiri mu Rwanda, amusaba kumubera umugore we undi aranabyemera.

https://www.instagram.com/p/BuvKJeInWdr/?utm_source=ig_web_copy_link

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *