Yvan Buravan yashyize hanze indirimbo nshya yise ndagukunda ikubiyemo ubutumwa bw’abakundana

Mu gihe  hasigaye iminsi  ibarika ngo isi yose ndetse n’abanyarwanda bizihize  umunsi  mukuru w’abakundana uzwi nka Saint Valentin uba  kw’itariki ya 14 Gashyantare  buri mwaka ,Umuhanzi  Yvan Buravan  yashyize hanze indirimbo Ndagukunda ikubiyemo  ubutumwa bw’abakundana.

Mu kiganiro  na Yvan Buravan  yatangarije Kigalihit ko iyi ndirimbo  atariyo ya mbere akoze y’urukundo ariko nkuko yabimenyereje abakunzi be  yifuje kubagenerea indirimbo zinza  irimo ubutumwa  bw’abakunda  mu rwego rwo kugira  ngo bazizihize Saint Valentin mu byishimo byinshi

Yagize ati ”Iyi ndirimbo yiganjemo amagambo y’urukundo abantu bakundana bakabaye babwirana buri munsi, mpisemo kuyibasangiza muri iki gihe kuko nziko turi kwitegura kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abakundana uzwi nka St Valentin.”

“Reka mbivuge maze bose babyumve, nta soni mfite ntewe ishema no kuba uwawe, ndagukunda, byumve ndagukunda[…]” ni amwe mu magambo agize inyikirizo y’iyi ndirimbo yiganjemo amagambo aryoheye amatwi y’urukundo.

Yvan Buravan  azwi ndirimbo zirimo ‘Majunda’, ‘Injyana’  ‘Urwo ngukunda’ ft Uncle Austin, ‘Bindimo’, ’Garagaza’, ‘Malaika’, ‘Oya’, ‘Just a Dance’ n’izindi.

Mu gusoza iki kiganiro  yadutangarije  ko amashusho y’iyi ndirimbo ye nshya azajya hanze nagaruka i Kigali mu minsi mike iri imbere.

Indirimbo ye nshya yise “Ndagukunda” yakozwe na Pastor P umwe mu beza u Rwanda rufite batunganya indirimbo mu buryo bw’amajwi.

Uyu musore umaze kwamamara mu muziki nka Buravan ari ku mugabane w’iburayimu gihugu cya  Suède  aho afite igitaramo ku wa 14 Gashyantare 2020, Umunsi w’Abakundanye.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *