Zari mu byishimo byinshi nyuma yo guhabwa impano y’Inzu y’akataraboneka na King Bae

Umunyamideli Zari Hassan ukunze  kwiyita The Boss Lady nyuma y’iminsi ishize atangaje ko ategereje impano ihenze izava ku mukunzi we mushya King Bae ubu ari mu byishimio nyuma yo Guhabwa inzu y’akataraboneka nuwo mukunzi we .

Uyu mugore wamenyekanye cyane  mu gukundana n’abagabo b’abaherwe nka Nyakwigendera Ivan Ssemwanga  akamusigira abana batatu b’abahungu nyuma bakaza gutandukana agafata n’icyamamare Diamond Platnumz  nawe waje kumukuraho urubyaro rw’abana babiri  nawe bagatandukana uyu mugore amushija ko afite imico mibi yo kumuca inyuma ariko maze kumukuraho inzu ndetse n’imodoka zihenze mu gihugu cy’afurika y’epfo , aho yaje  kumara umwaka wose nta mukunzi ariko ubu akaba ari mu rukundo n’Umusore uzwi nka King bae benshi bifuza kubona isura  ariko byananiranye .

Ku mbuga nkoranyambaga za Zari akunze kugaragaza kenshi ko umukunzi we mushya adahwema kumuha impno zikomeye ziganjemo Imodoka  nziza kandi zihenze harimo izo ubwo yasabwaga kurushinga nuwo mukunzi we yamuhaye Impano zirimo Imodoka za Bentley,Ferrari na Porsche  ibintu abantu benshi  batavuzeho rumwe  bamwe ntibanahwemye kubwira zari ko yifotoreza ku modoka bakodesheje  nawe yabasubije ko ntacyo umukunzi we amwima .

Bijya gucika rero ku munsi w’ejo uyu mugore yashyize amafoto y’inzu nziza  ku mbuga nkoranyambaga  ze aherekejwe n’ubutumwa  bugaragza ko yamaze kuyigurirwa . Ibi ariko n’ubwo bigaragara bihora bisiga urujijo niba abo bombi, Zari na King Bae koko bakundana cyangwa se bari gushuka abantu ku mbuga nkoranyambaga dore ko no kuri iyi nzu nshya bigaragara ko yamuhaye atamugaragaza ndetse no ku yandi mafoto ajya agaragaza nta na rimwe arerekana isura y’uwo yita King Bae .

Source :pulselive.co.ke

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *