Zari The  Boss Lady yatumiye  Tanasha  Donna  mu gitaramo azakorera  I Kampala

Umushoramari akaba n’umunyamideli  Zari Hussein umaze kumenyekana cyane ku mbuga nkoranyambaga  kubera gukurikirwa n’abarenga miliyoni 11 bitunguranye  uyu mugore w’abana batanu  harimo abao yabyaranye  na Diamond  Platnumz yatumiye  Tanasha Donna  nawe wabaye  umugore wa Diamond mu gitaramo ari  gutegura cya White  Party   i Kampala   

Ibi birori biteganyijwe ku wa 16 Ukuboza 2023, ubusanzwe Zari yabitumiyemo Fantana wo muri Ghana, icyakora ku buryo butunguranye uyu mugore yahise yemeza ko bizanitabirwa n’abarimo Tanasha Donna wahoze ari mukeba we.

Nyuma yo kubyarana abana babiri, Zari yatandukanye na Diamond mu 2018, iki gihe akaba yaramushinjaga kumuca inyuma cyane ko yari amaze kumenya amakuru y’uko uyu muhanzi yabyaranye na Hamisa Mobetto.

Nyuma y’uko Zari atandukanye na Diamond, uyu muhanzi yahise atangira ubuzima bw’urukundo rushya na Tanasha Donna batangiye gukundana mu 2018 baza no kubyarana mbere y’uko na we batandukana mu 2020.

Uyu  mugore muri iyi minsi akomeje kuvugisha abantu benshi  ku mbuga nkoranyambaga kubera  urukundo akomeje  kwereka ba mukeba  we  uretse Hamissa  Mobetto we  badacana uwaka  ,ni mu gihe mu minsi yashize  Diamond ari kumwe na Zuchu  ubu bari mu rukundo bagaragaye mu mafoto basuye  uyu Zari The  Boss Lady n’Umugabo we  mu gihugu cya  Afurika y’epfo aho abantu  babifashe nk’igikorwa  cyiza cyane  ku mubano wabo n’Uwahoze ari umugabo Diamond Platnumz .

Facebook Comments Box

About Author

Recommended For You

About the Author: Jean Paul Nsanzabera

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *