Ngiyi impamvu ikomeye yateye Alpha Rwirangira, kwigira mu ndirimbo zo guhimbaza Imana.

Umuhanzi Alpha Rwirangira wamamaye mu ndirimbo zitandukanye yatangaje ko yahisemo gukorera Imana abinyujije mu muziki ndetse atazongera kuririmba indirimbo zaba iz’urukundo cyangwa ubundi butumwa butari ubwo kuramya cyangwa guhimbaza Imana.

Uyu muhanzi uzwi mu ndirimbo zirimo ‘Birakaze, Ya Mungu, Merci, Yes, n’izindi nyinshi, yabitangaje kuri uyu wa Gatanu, mu kiganiro ShobizToday cyo kuri Radio Rwanda.

Yagize ati “Mbere nakoraga umuziki mwiza ugera kuri benshi ariko ubu nahisemo gukorera Imana, kuvuga ineza y’Imana kuko niyo impa ubugingo. Ubu ndimo kuvuga Kristu. Abantu bitege indirimbo nziza cyane Imana yanshyize ku mutima.”

Alpha Rwirangira avuga ko indirimbo z’urukundo cyangwa izindi zisanzwe ashobora kuzandika akaziririmbira umugore we ariko adashobora kuzisohora. Ati “Nshobora kuzandikira umugore wanjye ariko mu cyumba gusa wenyine. Ntabwo mvuga ngo ni mbi, narazikoze igihe kirekire ariko nasanze indirimbo zanjye ari indirimbo zihimbaza Uwiteka, zivuga ineza y’Imana.”

Yakomeje agira ati “Bimaze igihe kirekire niba abantu bibuka neza narazivangaga, gusa nageze ahantu numva ndatsinzwe mu mutima, numva Imana impamagaye kuyiririmbira kandi nkumva birampesha amahoro. Ikintu rero kiguha amahoro nicyo ugendana nacyo.”

Rwirangira yavuze ko kuririmbira Imana ntako bisa, ahubwo n’abandi bahanzi bakwiye kuyoboka uwo muziki, Ati “Ahubwo baze badusange kuko niho ubuzima buri. Ubuzima bw’umuziki usanzwe, navuga ko ubuzima bwo kuririmbira Imana buraryoshye, butanga amahoro.”

Uyu muhanzi kuri ubu afite indirimbo nshya yise ‘I’m Free’, avuga ko yayihimbye agamije gushima Imana yamubohoye ariko ari indirimbo yanafasha abandi bantu bakunda umuziki wo guhimbaza Imana.

Ati “Ni indirimbo ivuga ngo twarabohowe kugira ngo mbonereho kubwira abantu ko Umwami Yesu yabohoye ubuzima bwanjye, akambera ubundi buzima bushya. Ndashima Imana kuba yarambohoye.”

Yakomeje agira ati “Ni indirimbo nahimbiye umutima wanjye ariko nyihimbira n’Abanyarwanda cyangwa abantu bose bumva indirimbo z’Imana, nanabakomeza ko ejo Imana izababohora cyangwa izababa hafi.”

Alpa Rwirangira kuri ubu ari kwitegura ibitaramo yise ‘Amashimwe’ yatumiyemo Richard Nick Ngendahayo, bizabera mu Mujyi wa Edmonton muri Canada, Uretse ikizabera Edmonton tariki 13 Ukwakira 2024, hari n’ikindi gitaramo kizabera Ottawa, tariki 23 Ugushyingo 2024.

Alpha Rwirangira yavuze ko yifuza no kuzataramira Abanyarwanda muri BK Arena, aho azaba abaririmbira indirimbo zirimo ‘Amashimwe’ n’izindi nyinshi ari gutegura.

Facebook Comments Box

About Author

Recommended For You

About the Author: Admin

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *