Dj Dizzo  yongeye kuremba  asaba  abanyarwanda   kumusengera

Mutambuka Cedrick wamenyekanye nka Dj Dizzo ni umwe  mu basore bamenyakanye  hano mu Rwanda  ndetse no hanze  yaho mu bijyanye  no  kuvanga  umuziki  yongeye  kuremba  asaba abakunzi be amasengesho.

Uyu  musore  mu minsi  yashize  nyuma yo  kugaruka mu  Rwanda  yagiye agaragara ahantu henshi yishimiwe n’inshuti ze zimutera  akanyabugabo ndetse zimwihanganisha  mu burwayi bwe  butari bworoshye .

Uyu musore  yifashishije imbuga ze nkoranyambaga  yashyizeho amafoto arwariye  mu bitaro maze ayaharekesha ubutumwa  .

Mu butumwa  bwe  yagize ati  Ndashaka gufata  Umwanya ngashimira  buri wese uri kunyitaho ,ari ukuzakunsura ,abansengera ndetse  n’abanyifuriza  gukira  vuba  .

Yakomeje agira ati : Ni ukuri  ikintu imwe  nakwisabira  ni  amasengesho  yanyu  gusa  nta  kindi  kuko ntakiruta  amasengesho.

Benshi  mu nshuti ze bakimara kubona ubutumwa bwe  bamwe bamusabye Imana kumworohereza agakira  ndetse akongera akagaruka  mu buzima busanzwe .

Uyu musore mu minsi  yashize  ayaravuzwe cyane  mu itangazamakuru   biturutse ku bibazo by’ubuzima yararimo mu gihugu cy’Ubwongereza  aho yakoreraga akazi ke kuvanga umuziki ndetse  aniga .

Mu mwaka wa 2021  nibwo uyu  musore yatangiye kugenda agira ibibazo mu nda  yihutira kujya kwa muganga atanga ibizamini by’ubuzima bwose  nibwo  basanze yarafashwe  n’indwara  ya Cancer  ku magufwa  .

Icyo  gihe nk’umusore  ukiri muto ukeneye  kwubaka ubuzima bw’ejo hazaza yagaragaje ko  ubuzima bwe  bumeze  nk’ubugeze kw’iherezo ,aribwo yasabye  afite icyifuzo cyo  kuzarangiriza ubuzima bwe mu Rwanda .

Ibyo  Dj Dizzo  yabitangaje nyuma  y’uko abaganga bo mu Bwongereza bari bamaze  kumubwira  ko asigaje  iminsi mike yo  kubaho hano kw’isi .

Nyuma y’uko  uyu musore agarukiye mu Rwanda aho yagiye abona  ubuvuzi butandukanye  benshi  mu bantu  bavuze amagambo  menshi  amwe Atari meza aho benshi bavugaga  ko byari ukugira abone uburyo bwo gutooka bimwe mu byaha bivugwa  ko yaba yarakoreye muri  kiriya  gihugu.

Facebook Comments Box

About Author

Recommended For You

About the Author: Jean Paul Nsanzabera

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *