Ukraine yemeye icyifuzo cy’Amerika cy’agahenge k’ iminsi 30 mu ntambara barimo n’Uburusiya

Ukraine yatangaje ko yemeye icyifuzo cy’amerika cy’agahenge k’iminsi 30 mu ntambara irimo n’Uburusiya

Ibi ibyemeye  nyuma y’Umunsi umwe  habaye ibiganiro hagati  y’amerika na  Ukraine byabereye  I Jeddah muri Arabiya sawudite kuri uyu  wa kabiri

Minisitiri  w’Ububanyi n’amahanga w’Amerika  Marco Rubio  yatangaje  ko  icyo cyifuzo azakigeza  kuri leta  y’Uburusiya  ndetse ko icyemezo cyanyuma kiri mu maboko y’ibyo bihugu byombi

Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yavuze ko ubu ari ah’Amerika gutuma Uburusiya bwemera icyo cyifuzo “cyiza”.

Iyi nama  yabereye Jeddah niyo ya mbere ibaye hagati y’abayobozi b’Amerika na Ukriane  nyuma y’ibihe bitari byiza byabaye hagati ya  Perezida Trump na  Zelensky ubwo bahuriraga  mu  muri white House  mu kwezi gushize

Mu itangazo ryashyize hanze  n’abayobozi  b’ibihugu byombi  amaerika yemeye  ko  igiye kongera guha  umwanya wo gusangira amakuru y’ubutasi  na Ukraine  ndetse no kongera  gutera  inkunga mu by’umutekano kuri Ukraine

Ibyo byemezo byose  amerika yari yabihagaritse  nyuma  y’amakimbirane  yabereye mu biro bya Perezida  wa Amerika  Atari yarigeze abaho  mu mibanire y’ibyo bihugu

Itangazo ry’Amerika na Ukraine rigira riti: “Intumwa z’impande zombi zemeye gushyiraho amatsinda azihagararira mu biganiro no gutangira ibiganiro aka kanya bigamije kugeza ku mahoro arambye aha Ukraine umutekano w’igihe kirekire.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Rubio yavugiye mu kiganiro n’abanyamakuru i Jeddah ku mugoroba w’ejo ku wa kabiri ko yizeye ko Uburusiya buzemera icyo cyifuzo.

Yavuze ko Ukraine “yiteguye guhagarika kurasa no gutangira ibiganiro”.

Yavuze ko igihe Uburusiya bwaramuka bwanze icyo cyifuzo, “ubwo mu buryo bubabaje tuzamenya imbogamizi ku mahoro iyo ari yo hano”.

Yagize ati: “Uyu munsi twatanze icyifuzo Abanya-Ukraine baracyemera, ari cyo cyo kwinjira mu gahenge no mu biganiro by’aka kanya”.

Minisitiri Rubio yongeyeho ati: “Ubu tugiye kugeza iki cyifuzo ku Barusiya kandi twizeye ko bazasubiza yego ku mahoro. Umupira uri mu kibuga cyabo

Icyo cyifuzo cy’agahenge k’iminsi 30 kirenze icyifuzo cya Zelensky cy’agahenge k’igice ko mu nyanja no mu kirere.

Perezida wa Ukraine yashimiye Trump ku bw’ibiganiro “byubaka” by’i Jeddah.

Mu butumwa bwo mu buryo bwa amashusho , Zelensky yavuze ko Uburusiya bugomba “kugaragaza ubushake bwo guhagarika intambara cyangwa gukomeza intambara”.

Yongeyeho ati: “Igihe kirageze cy’ukuri kuzuye.”

Ibiro bya perezida w’uburusiya nta cyo byari byatangaza ku mugaragaro.

Mbere y’aho ejo ku wa kabiri, byari byavuze ko bizasohora itangazo bimaze guhabwa amakuru n’Amerika ku cyo ibiganiro byagezeho.

Ariko Depite ukomeye w’Umurusiya, Konstantin Kosachev, yavuze ko amasezerano ayo ari yo yose yagerwaho yaba ari “mu nyungu zacu, si iz’Amerika”.

Kosachev, ukuriye akanama k’Uburusiya k’ububanyi n’amahanga, yavuze ko “amasezerano nyayo aracyarimo kwandikwa…ku rugamba”, ashimangira ko ingabo z’Uburusiya zikomeje gutera intambwe muri Ukraine.

Uburusiya bwagabye igitero gisesuye kuri Ukraine muri Gashyantare  mu mwaka wa 2022. Kugeza ubu, Uburusiya bugenzura hafi 20% by’ubutaka bwa Ukraine.

Ni mu gihe  Pereiza w’Amerika  Donald Trump yabwiye abanyamakuru ko azavugana na Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin, avuga ko yizeye ko azemera icyo cyifuzo cy’agahenge.

Facebook Comments Box

About Author

Recommended For You

About the Author: Jean Paul Nsanzabera

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *