Polisi yafunze umusaza wafashwe ari kwinjiza igitsina mu kanwa k’umwana

Polisi yo mu gace kitwa Chipangali muri Zambia yataye muri yombi umusaza w’imyaka 75 wo mu mudugudu wa Mpalakunjala mu karere ka Chipangali azira gutamika igitsina umukobwa w’imyaka 14.

Umuyobozi wa Polisi mu Burasirazuba, Limpo Liywali yemeje ibyabaye mu itangazo yashyikirije itangazamakuru, avuga ko ibi byabaye ku cyumweru mu mudugudu wa Chafumela mu karere ka Chipangali mu masaha ya saa 15h00.

Bwana Liywali avuga ko iki kibazo cyagejejwe kuri polisi na nyirakuru w’uyu mukobwa wavuze ko umwuzukuru we ufite imyaka 14 yahohotewe na Banda,ufite imyaka 75.

Ikirego kikaba kivuga ko ukekwaho icyaha yakoze ku mabere, ku gitsina ndetse aninjiza igitsinda mu kanwa k’uwahohotewe.

Bwana Liywali avuga ko ukekwaho icyaha ubu ari mu maboko ya polisi kandi ko azitaba urukiko vuba.

facebook sharing button
Share

whatsapp sharing button
twitter sharing button
email sharing button
sharethis sharing button
Facebook Comments Box

About Author

Recommended For You

About the Author: Admin

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *