Abahanzikazi Vestine na Dorcas bagiye gukorera igitaramo cyabo bwa mbere hanze y’u Rwanda

Abahanzikazi Vestine na Dorcas bamaze kwigarurira  mitima ya benshi bakunda indirimbo zo  kuramya  no guhimbaza mu gihe gito bamaze  mu muziki  bakomeje kziwerwa  n’abategura ibitaramo .nyuma yo kudakorera igitaramo mu gihugu cya  Cananda nkuko byari byatangajwe mu minsi ishize aba  bagiye gutaramira mu gihugu cy’uburundi .

Muri Gicurasi uyu mwaka  bunyuze  ku  Muyobozi wa  MIE  ariwe  Muridahabi  Irene  yatarangarije itangazamakuru ritandukanye ryo mu Rwanda  ko bitegura  kujya gukorera ibitaramo bitandukanye mu mu gihugu cya Canada ariko ntawamenye iherezo byabyo kuko  nkuko tubimnyereye abategura ibitaramo muri kiriya gihugu  bakoresha uko bashoboye  bakabyamamaza  mu buryo bukomeye ariko  ntiharamenyana icyatumye batajyayo.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa  27 Ugushyingo 2023  Ubuyobozi bwa  MIE  ari nabwo bufite  mu nshingano zabwo kureberera inyungu z’aba bana  ba bakobwa bagiye gukorera  Igitaramo mu gihugu cy’U Burundi .

Nkuko Ubuyobozi bwa  MIE bwakomeje bubivuga  biteganyijwe ko vestine na Dorcas bazataramira I Bujumbura mu Burundi tariki ya  23 Ukuboza ariko  birinze kugira andi makuru menshi  batangaza kuri icyo gitaramo ariko bashimangira ko  bazabitanza mu minsi ya vuba bavuye kw’Ishuri .

Vestine na Dorcas  Nyuma yo kumurika alubumu yabo ya  mbere bise  “nahawe Ijambo   “ iki nicyo gitaramo cya mbere bagiye gukorera  hanze y’Igihugu ahoi byitezwa ko  kizitabwira n’abantu benshi kubera  ubuhanga buri mu ndirimbo baririmba .

Facebook Comments Box

About Author

Recommended For You

About the Author: Jean Paul Nsanzabera

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *