Zari yibutse Ivan Ssemwanga ku munsi w’isabukuru ye y’amavuko

Ku wa kabiri washize tariki  ya 12 Ukuboza  2023 Ivan Ssemwanga  wahoze  ari umugabo wa Zari The Boss lady yari kuba yujuje  imyaka 46 .

Kuri uwo munsi  zari wahoze ari  umugabo we  Zari  yizihije uwo munsi mu buryo  budasanzwe asura imva ye akanamwunamira

Ivan Ssemwanga   yitabye Imana  muri tariki ya  25 Gicurasi 2017 aguye mu bitaro  muri afurika y’epfo ,Zari mu rwego rwo  kumuha icyubahiro no kwibuka yafashe umwanya wo kunamira  se  w’abana be batatu  babyaranye .

Abinyujije ku mbuga  ze nkoranyambaga  ashyiraho ifoto ari ku mva  ya Ssemwanga wari umwe  mu bacuruzi bakomeye muri Uganda  maze ayihereksa amagambo  agira  ati «  “Isabukuru nziza. Ndizera ko abamarayika bizihizanyije  uyu munsi  hamwe na we.”

Nyuma yo gushyira iyo  foto ku mbuga ze  yashyizeho indi  foto ari kumwe  na se w’abana be  avuga itazaibagirana  we  nawe bari  mu biruhuko bishimye  cyane

Mu burumwa yashyizeho bwa Kabiri yavuze ko  yishimira  umurage  ukomeye  waszwe  na Nyakwigendera agaragaza ko yizeye ko uzakomeza yasoje agira ati ‘’ Umurage  uracyariho kandi Isabukuru nziza .

Zari Hassan na nyakwigendera Ssemwanga bashakanye ku mugaragaro imyaka igera kuri ibiri mbere yuko batandukana mu 2013. Aba bombi babaga kandi bakorera muri Afurika y’Epfo.

Ssemwanga ivan  wari  umucuruzi ukize muri Afurika y’epfo, yapfiriye mu bitaro bya kaminuza  yitiriwe Steve Biko i Pretoria. Uburwaiy bwe bwatumye yihutwankwa Muganaga ariko bitatinze uwo muherwe yaje kwitaba Imana .

Umuhango wo  Kumushyingura wabereye mu gihugu cye cya  Uganda  mu gace  ka  Nakaliro mu muhango  udasanzwe  witabiriwe  n’abantu bakomeye bo  muri  Uganda ndetse no hanze muri harimo  Jose Chameleone, Bobi Wine, SK Mbuga, na Weasel n’abandi benshi  bazwi muri Uganda .

Mu muhango wokumushingura  Isanduku  ye  yasutsweho  amafaranga menshi na divayi bihenze nyuma yuko isanduku ye imaze kururutswa mu mva .

  Ssemwanga Ivana  wari uzwi nk’umuyobozi w’Agatsiko k’abasore  bafite amafaranga   muri Uganda, yitabye Imana afite imyaka 39.

Nyuma y’urupfu rw’umugabo we, Zari Hassan yaje kugirana umubano na Diamond babyarana abandi bana babiri.

Facebook Comments Box

About Author

Recommended For You

About the Author: Jean Paul Nsanzabera

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *