Miss Jolly yateye utwatsi abashaka guhanganisha The Ben na Bruce Melodie


Mu minsi  ishize hano mu Rwanda  ku mbuga nkoranyambaga hano mu Rwanda cyangwa a mu binyamakuru  bitandukanye hagiye  havugwa inkuru zihangana  ry’abahanzi Itahiwacu  Bruce  Melodie  na  Mugisha Benjamin  ukunzwe nka  The  Ben  bamaze  kwigarurira imitima ya benshi hano  mu karere  no mu Rwanda  yewe no kw’Isi  hose  .

Mu biganiro  byinshi  aba bahanzi bombi bagiye bakora  mu bitangazamakuru  bose bakomeje  kumvikana bavuga ko  iryo  hangana babona ridakenewe cyane ahubwo nk’abahanzi bakomeye mu gihugu bategura  igitaramo cyinini kandi cyiza nneho bagashimisha abakunzi babo kuko  ariyo nzira nziza  babona yabafasha gukomeza  kwigaruria imitima  y’abakunzi  babo .

Nubwo abo  bahanzi  bo ku ruhande rwabo bavuga gutya  hari abanda  bafite aho bahurira n’imyidagaduro  hano mu Rwanda  harimo n’abahanzi  bagenzi babo  ,bagiye bagaragaza  ko iryo  hanagana  rikenewe  kuko  bituma  abakurikirana  imyidagaduro  mu Rwanda  baryoherwa cyane .

Ku rundi ruhande abanda nabo ntago bemeranya nabirirwa batsa umuriro hagati y’abo bahanzi kuko byaba ari ugushakisha urwango hagati yabo  ndetse  n’abafana  kandi  iki aricyo  gihe ngo batahirize umugozi umwe  bafatanye  kuwugeza kure .

Nyuma y’izo nkuru  Miss  Mutesi Jolly wabaye Miss  Rwanda 2016  uzwi nkumwe mu bavuga rikijyana  hano  mu Rwanda  nawe  yanze kwihererena ibitekerezo bye kuri  iryo hangana  ry’aba bahanzi babiri bakomeye  mu Rwanda  ashimangira ko Atari iby’ i Rwanda guhanganisha abantu  .

Yagize atay asimbukira  ku rubugwa  Rwa  X akunda  kwifashisha cyane Atanga ibitekerezo bitandukanye maze  yandika ati  “ Maze Iminsi  mbona  amakuru ku  mbuga nkoranyambaga aho amatsinda y’abafana a  ba muzika  ya  bamwe  mu bahanzi ahanganisha  The   Ben na Bruce  Melodie bituma ngira igitekerezo .

Nka  Sosiyete   Ntidushobora kwiga gushyigikira abantu  hatabayeho kubahanganisha na bagenzi babo? Ndi kuvuga  ibi nkurikije   uburambe mfite  nk’umwe mu bantu bafite  icyitegererezo .

Yakomej agira ati  “ Niba ari njye  Nyampinga  w’U Rwanda  ukunda  ,Ntibiguha  uburenganzira  bwo gupfobya  abanda  bamikzi  kugira  ngo unshigikire cyangwa  untere  imberaga ,

Buri  wese  muri  twe  afite akamaro  kandi arakomeye mu buryo bwe ,ariko twese nk’abavandimwe  turi imbaraga zikomeye .

.Miss  Jolly yasoje ubutumwa bwe asaba abanyarwanda ndetse  n’abakunzi  ba muzika muri rusange  gushyigikira  aba  bahanzi bombi hatabayeho gupfobya  umwe  ngo basingize  Undi  yagize ati The  Ben  na  Bruce Melodie  bombi n’abahanzi  bakomeye kandi  bombi n’ibyamamare mu buryo bumwe   ,Mureke tubashyigikire hamwe  aho kubacamo  ibice ,kuko  bakoreye hamwe  byabayra imbaraga  zikomeye ku muziki.

Facebook Comments Box

About Author

Recommended For You

About the Author: Jean Paul Nsanzabera

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *